Page 61 - Magazine 07 Of June 2024_Neat
P. 61

Baptistery - 2024 │ Message from Different Students




        NYUMA YA JENOSIDE YAKOREWE
        ABATUTSI MU 1994

        Mu Rwanda rw’ubu rero ibintu byose
        byarahindutse ku mpande zose kandi bihinduka
        bigana aheza. Mu rugo ndetse n’ahandi mu
        mirimo yaba mu nzego za Leta, mu burezi, mu
        buganga, mu bucuruzi, mu mirimo y’amaboko,
        mu nzego z’umutekano abantu bose bisangamo
        ku  bijyanye  n’ibitsina  byombi.  Nta  murimo
        cyangwa inshingano zigenewe umuntu bitewe
        n’uko  ari  umugabo  cyangwa  ari  umugore.
        Buri wese  ahamagariwe  kubikora apfa kuba
        abishaka kuko  ubushobozi  bwo  burahari. Si
        nka mbere umugore yabaga ashaka gukora
        umurimo runaka akaba atabyemerewe. Ubu ni    Ni intambwe ishimishije kuko ntawuhezwa. Ndetse
        ubwuzuzanye.                                 uko abakobwa bahezwaga bagira bati:”Umwana
                                                     ni  umuhungu”,  ubu  si  ko  bimeze.  Bose  bajya  mu
                                                                  ishuri ndetse bagatsinda ku rugero
                                                                  rushimishije, uko umuhungu ashoboye
                                                                  ni  nako  umukobwa  ashoboye,
                                                                  ndetse hari naho usanga abakobwa
                                                                  batsinda neza kurusha abahungu.

                                                                  Uburinganire     n’ubwuzuzanye
                                                                  bwagiye bukura gahoro gahoro
                                                                  guhera aho umugore yiberaga mu
                                                                  rugo  nta  burenganzira  buhagije
                                                                  kugeza  aho  agiye  ahagaragara
                                                                  aho usanga ubu umugore cyangwa
                                                                  umukobwa  afite  uburenganzira
                                                                  bungana b’ubw’umugabo cyangwa
                                                                  umuhungu.







        Ubu umugore arubaka, atwara ibinyabiziga,
        ajya  ku  rugamba,  ni  umuyobozi,  ni  umubyeyi
        kandi muri izo nshingano zose n’umugabo
        arahamusanga.  Kandi rwose  nta  murimo  utera
        uwukora ipfunwe kuko abantu barisobanukiwe.
        Bitewe n’ubuyobozi bwiza butanga ubwisanzure
        kuri buri wese. Mu mashuri ni uburezi kuri bose
        mbese ntaho wagaya.






                                                                                                   61


             MAGAZINE OF COLLEGE ST JEAN NYARUSANGE │ VOLUME  07 │ 2023-2024
   56   57   58   59   60   61   62   63   64   65   66